Uburwayi butuma igitsina gifata umurego igihe kirekire umuntu atabishaka, bishobora guterwa n’impamvu zitanduakanye, murizo twavuga :
-imiti bakoresha kugirango igihe cyo gushyukwa kibe kirekire batinde kurangiza,
-gukomereka k’umutsi wo mu gitsina bigatuma utagishobora gukamura amaraso aza mu gitsina igihe cyo gushyukwa
-indwara yo mu maraso yitwa “hémopathie”,
-gukoresha ibiyobyabwenge bitandukanye birimo cocaïne na marijuana n’izindi mpamvu zitandukanye.
Gufata umurego kw’igitsina bitewe n’izi mpamvu twavuze cyangwa izindi, bishobora kumara amasaha ane cyangwa akanarenga.
Dr Mupenzi Aimable, yatangaje ko gufata umurego kw’igitsina igihe kirekire kandi ku buryo budasanzwe, bishobora kugira ingaruka ku mugabo.
Ati : “Hari impamvu zizwi zituma igitsina gifata umurego, ariko iyo bimaze igihe kirekere, ku buryo budasazwe umuntu aba agomba kwihutira kujya kwa muganga, kugira ngo bamukurikirane.”
Mu rwego rwo kwirinda ko ubu burwayi, abantu bakwiye kudakoresha imiti ituma igitsina gifata umurego umwanya munini, batagishije inama muganga,kandi bakirinda ko igitsina gikomereka.
IGIHE

0 comments:
Post a Comment