Mu ijoro ryo kuwa Kane tariki 8 Gicurasi mu murenge wa Rwezamenyo ahitwa kwa Mutwe hagaragaye indaya ishakisha icyashara igaragaza ubwambure bwayo mu ruhame ntacyo yikanga.
Uyu mukobwa ukora uburaya ngo yahisemo kugaragaza ubwambure bwe yifuza amafaranga amutunga mu mpera z’icyumweru.
Yasakuzaga ati “Njye ndashaka cash nta kindi kandi rwose ndi muzima nta giswaku (SIDA) mfite murebe ibintu byanjye ni byiza nzi no gushimisha abagabo cyane uhakana niyirebere cyangwa aze tubirangize.”
Yakomeje avuga ko ashaka kurangiza weekend yasinze cyane ku buryo n’uwamuha amafaranga 500 yamuha ubwambure bwe kandi yanamugarurira amafaraga 100 kuko na 400 yayemera ati “ninde ushaka ko muha, muri hehe ? Ese mwa bahungu mwe muri ibiremba ko mutari kunkorakora di ?.”
Bamwe mu basore bari aho uyu mukobwa yagaragarizaga ubwambure bwe batunguwe bikomeye n’uburyo ashakisha amafaranga.
Kamanayo yagize ati “ubu se koko tuvugishe ukuri, hari umuntu wakwifuza umuntu umeze atya koko ? Ahubwo n’idayimoni ikomeye kandi niba ari n’inzoga hari ibyo yazivanzemo.”
Abasore bacuruza capati mu nzira yo kwa Mutwe n’abamotari bo bakomeje birebera ubwo bwambure bw’iyi ndaya nk’abareba filimi z’agasobanuye.
src/igihe
Kurikira Igitsinakuri facebook
http://www.facebook.com/Igitsina(Groupe)
http://www.facebook.com/Igitsina(Page)

0 comments:
Post a Comment