![]() |
| Ku iseta bamuteraho igituba |
Abaganga bari gukurikirana uyu mugore bavuga ko, ubu ari uburwayi bw’uruhererekane, ariko budakunze kubaho. Ngo burwawe n’abagore bagera ku bihumbi bitanu ku Isi yose, aho bavuka nta gitsina ndetse nta n’imyanya myibarukiro bafite.
Daily mail dukesha iyi nkuru, ivuga ko abaganga b’inzobere mu kubaga bo mu bitaro biri mu mujyi wa Buenos Aires, bafashe inyama yo ku itako bakayiremamo igitsina cy’umugore bakoresheje uburyo budasanzwe. Bikaba byatangajwe n’umuyobozi w’ibyo bitaro witwa Dr Hector Lanza.
Bakomeza bavuga ko hari abandi bagore bane bavutse badafite igitsina bahawe igikorano, cyakorewe muri “laboratoire” yo muri Leta zunze Ubumwe za Amerika.
Uyu mugore waremewe igitsina, avuga ko bitari byoroshye, gufata inyama yo ku mubiri we ikajyanwa muri “laboratoire “gukorwamo igitsina.
Uyu mugore utatangajwe amazina ye, ngo abayeho mu buryo busanzwe, ariko kandi umubiri we ntukora nk’uwabandi bagore, kuko adashobora kujya mu mihango ya buri kwezi.
Bakomeza bavuga ko hari abandi bagore bahawe igitsina cy’igikorano, bakaba bashobora gukora imibonano mpuzabitsina ndetse intanga zabo zikororoka, kuko hari imyanya yabo y’imbere iba ikora neza.
Nyuma yo kwitabwaho n’abaganga, amagi y’aba bagore ashobora kororoka, ariko akabakurwamo agashyirwa mu bandi bakabatwitira.
Kurikira Igitsinakuri facebook
http://www.facebook.com/Igitsina(Groupe)
http://www.facebook.com/Igitsina(Page)

0 comments:
Post a Comment