Bang Media

Imyororokere

Video

Inama utari uzi ku mibonano mpuzabitsina

Umuryango mpuzamahanga wita ku buzima (OMS) wifuza ko abana guhera ku myaka 12 bakwigishwa ibijyanye n’imibonano mpuzabitsina

abana bagomba kwigishwa iby'imibonano mpuzabitsina
Agakingirizo
Umuryango mpuzamahanga witwa ku buzima (OMS) wifuza ko abana guhera ku myaka 12 bakwigishwa ibijyanye n’imibonano mpuzabitsina mu rwego rwo kwirinda ko abangavu batwara inda zitateguwe.

OMS yifuza ko abana bo mu mashuri guhera ku myaka 12 bakwigishwa isomo rijyanye n’imibonano mpuzabitsina, kandi bagatangira gukoresha imiti ibuza gusama nk’uko tubikesha urubuga topsante.

Ubukangurambaga ku ikoreshwa ry’imiti ibuza gusama, bizajya bikorwa ku ishuri, bikorwe no mu rugo, nk’uko OMS ikomeza ibitangaza.

« Benshi mu babyeyi ntibabikorera mu rugo, cyane cyane muri Afurika » nk’uko byasobanuwe n’Umuyobozi w’ishami rishinzwe ubushakashatsi n’ubuzima muri OMS mu kiganiro n’abanyamakuru.

OMS ishimangira ko gahunda zigisha ubuzima bw’imyororokere mu burezi cyane cyane izemejwe n’ubushakashatsi ko zigenewe urubyiruko. Muri izi gahunda hagarukwa no kwigisha abana gukoresha udukingirizo.

Bivugwa ko ku Isi habarurwa abagore bagera kuri miliyoni 222 bakoresha uburyo bubarinda gusama ariko ntibubagirire akamaro bitewe n’uburyo babukoresheje.
Shyiraho Igitekerezo!

Related Posts by Categories



0 comments:

Post a Comment

 

Amakuru Agezweho

Urwenya

Reba Video