![]() |
| Mbese ubunini bw’ igitsina cy’ umugabo hari aho buhurira no guhuza igitsina neza? |
Bamwe mu bagabo usanga bagira impungenge z’ ingano y’ igitsina cyabo bakakigaya ubuto, ugasanga bibaviriyemo kubura umunezero igihe cyo gukora imibonano mpuzabitsina.
Inzobere mu bijyanye n’ ibitsina, zitangaza ko nta mugabo ukwiye kubigiraho impungenge kuko ingano y’ igitsina ntaho ihurira no gukora imibonano mpuzabitsina neza.
Ingano y’ igitsina siyo ituma umugabo ashimisha umugore we
Urubuga rwa Topsante rutangaza ko igitsina cy’ umugabo kiringaniye kiba gipima hagati ya santimetero 12 na 17 igihe cyafashe umurego, hakaba n’ abashobora kurenza izi ngero, ariko ngo ntibikunze kubaho.
Izi nzobere zivuga ko nta mugabo ukwiye guterwa ipfunwe n’ ingano y’ igitsina cye ngo ni kigufi (gito), kuko n’ abagore benshi batinya ibitsina bikabije kuba birebire.
Ni byiza gutegurana mbere yo gukora imibonano mpuzabitsina
Ikindi gishobora gutuma abagabo batagomba guhangayikishwa n’ ingano y’ igitsina cyabo, ni uko agace kabitse ukunyurwa k’ umugore kaba munsi ya santimetero enye gusa uhereye ku gitsina inyuma, mu gihe muri rusange igitsina cy’ umugabo gipima guhera kuri santimetero 12 kuzamura.
Inama zitangwa ku bagabo bumva ko bafite igitsina gito, ngo ni ukwikuramo ko igitsina cyabo ari gito, kandi mu gihe bagiye gukora imibonano n’ abo bashakanye bakabanza gufata umwanya wo gutegurana bihagije kuko ari igenzi muri iki gikorwa.
imirasire.com

1 comments:
ark ninde uyishaka ngo azampamagare maze muhaze ibyishimo ashaka kd yifuza dore nimero0789222587,0725610587
Post a Comment