![]() |
| USA : Mwalimu yeretse abanyeshuri filimi y’urukozasoni yakinanye n’umukunzi we |
Abanyeshuri baratunguwe mu gace ka Little Rock muri leta ya California,ubwo kubw’impanuka mwalimu wabo yaberekaga filimi y’urukozasoni yakoranye n’umukunzi we.
Uyu mwarimu utaratangajwe yigisha ku kigo kitwa Forest Heights Middle school.Akaba yaraje kwemera ko iyo filimi ari iye bwite,ariko ngo ntabwo na we azi uburyo yageze mu masomo yari yateguye kwigisha.
Nkuko bitangazwa na KARK-TV,Nicolar Tolerson ufite umwana warebye iyo filime,afite ubwoba bw’ingaruka bishobora kubagirira ku bana,Yagize ati :”umwana wange yambwiye ko mwalimu yari mu bikorwa by’ubusambanyi.Umutima waransimbutse atari ukubera umwana wange gusa,ahubwo n’abandi bana bari mu ishuri.
Nyuma y’iryo sanganya,mwalimu yahamagaye ababyeyi b ‘abo bana ngo abasabe imbabazi.Icyakora Tolerso avuga ko imbabazi zo yazitanga ariko hakagira igikorwa.
Ubuyobozi bw’ikigo buvuga ko butariyumvisha iki kibazo,ariko ngo bagiye guperereza bamenye uko byagenze,maze barebe ko basubiza ibintu ku murongo.
Crazynews.com

0 comments:
Post a Comment